2023
Ibyifashishwa bigenewe Urubyiruko n’Abana
Gashyantare 2023


“Ibyifashishwa bigenewe Urubyiruko n’Abana,” Liyahona, Gashyantare 2023.

Ubutumwa Ngarukakwezi bwa Liyahona , Gashyantare 2023

Ibyifashishwa bigenewe Urubyiruko n’Abana

Ishusho
ababyeyi barimo gusoma ibyanditswe bitagatifu hamwe n’umuhungu wabo

Ababyeyi bafite inshingano y’ibanze yo kwigisha abana babo ibyerekeye Yesu Kristo n’inkuru nziza Ye. Itorero rya Yesu Kristo ry’Abera b’Iminsi ya Nyuma rifite amatsinda, gahunda n’ibindi byifashishwa kugira ngo bifashe ababyeyi mu mihate yabo. Bari kumwe, ababyeyi, abayobozi b’Itorero n’inshuti bashobora gufasha abana bose n’urubyiruko kuza kuri Kristo.

Ishusho
abana bo mu Ishuri ry’Ibanze

Ifoto yafotowe na Ben Johnson

Ishuri ry’ibanze

Ishuri ry’Ibanze ni itsinda ry’Itorero rigenewe abana bafite kuva ku mezi 18 kugeza ku myaka 11. Mu Ishuri ry’Ibanze, abana biga ibyerekeye Yesu Kristo n’inkuru nziza Ye binyuze mu masomo, umuziki n’ibikorwa. Ishuri ry’Ibanze rishobora gufasha abana kwiyumvamo urukundo rw’Imana ibafitiye.

Amahuriro y’Ubutambyi bwa Aroni n’amashuri y’Urubyiruko rw’Abakobwa

Muri Mutarama y’umwaka abana buzuza imyaka 12, bava mu Ishuri ry’Ibanze bajya mu mahuriro y’Ubutambyi bwa Aroni (ku bahungu) cyangwa amashuri y’Urubyiruko rw’Abakobwa (ku bakobwa). Mu mahuriro n’amashuri yabo, urubyiruko rukomeza gukomeza ubuhamya bwarwo no gukorera abandi.

Ishusho
ibiganza birimo gushushanya ifoto

Gahunda y’Abana n’Urubyiruko

Mu bugimbi Bwe, Yesu Kristo “akomeza kugwiza ubwenge, abyiruka ashimwa n’Imana n’abantu” (Luka 2:52). Gahunda y’Abana n’Urubyiruko ifasha abanyamuryango b’Itorero bakiri bato gukurikiza urugero rwa Kristo. Bariga kandi bagakura mu bice byose by’ubuzima bwabo—mu buryo bwa roho, bwa sosiyete, bw’umubiri, kandi n’ubw’ubwenge.

Amagazeti y’Itorero

Igazeti y’Itorero igenewe abana ni igazeti yitwa Inshuti . Ku bw’Imbaraga z’Urubyiruko ni igazeti igenewe urubyiruko. Aya magazeti akubiyemo inkuru, inyigisho n’ibikorwa byandikiwe by’umwihariko abana n’ingimbi n’abangavu.

Ishusho
igifuniko cy’igitabo cy’ifashayobora mu Cyesipanyoli

Ku bw’Imbaraga z’Urubyiruko igitabo cy’Ifashayobora

Ku bw’Imbaraga z’Urubyiruko: Ifashayobora rigenewe Gukora Amahitamo yigisha urubyiruko ibyerekeye ukuri kw’inkuru nziza. Ibigisha uko bafata ibyemezo bizabafasha gukurikira Yesu Kristo. Inakubiyemo kandi ibisubizo ku bibazo urubyiruko rwagira byerekeye uko rubaho mu nkuru nziza.

Isomero ry’Inkuru Nziza

Isomero ry’Inkuru Nziza rifite ibyifashishwa nyamibare byinshi, harimo amavidewo, umuziki, inkuru z’icyanditswe gitagatifu n’ibikorwa. Rinakubiyemo kandi ibyifashishwa kugira ngo bifashe ababyeyi n’abayobozi kwigisha amahame y’inkuru nziza. Ibi byifashishwa biboneka mu Isomero ry’Inkuru Nziza kuri ChurchofJesusChrist.org no muri porogaramu y’Isomero ry’Inkuru Nziza.

Ibiterane FSY

Guhera mu mwaka buzuza imyaka 14, urubyiruko rutumirwa kwitabira ibiterane bya Ku bw’Imbaraga z’Urubyiruko (FSY). Ibi byabarore bikubiyemo ibikorwa n’amashuri afasha gukomeza ukwizera muri Yesu Kristo no gufasha urubyiruko gukura mu buryo bwa roho, sosiyete, umubiri n’ubw’ubwenge.

Capa