Amateka y’Itorero
U Rwanda: Ikurikiranyabihe


“U Rwanda: Ikurikiranyabihe,” Amateka yo ku isi yose: u Rwanda (2020)

“U Rwanda: Ikurikiranyabihe,” Amateka yo ku isi yose: u Rwanda

U Rwanda: Ikurikiranyabihe

U Rwanda • mu myaka ya za 90Habimana Theoneste, wari warigishijwe n’abavugabutumwa i Lyon mu Bufaransa, yagarutse mu Rwanda atangira gusangiza inkuru nziza.

Kuwa 28 Nyakanga 1994 • mu RwandaNyuma ya jenoside mu Rwanda, Itorero ryoherereje u Rwanda ibintu by’ubutabazi bifite agaciro k’amadolari ya Amerika 760,000, birimo ibiryo, ibikoresho byo kwa muganga, imyambaro, ibiringiti, n’ibikoresho by’isuku.

2005 • i Kigali, mu RwandaJohn Jackson, umukozi wa ambasade ya Amerika, yateguye amateraniro y’abanyamuryango b’Itorero iwe. Amateraniro yimukiye kwa Nelson Samuel nyuma y’imyaka myinshi.

Kuwa 16 Werurwe 2008 • i KigaliIshami rya Kigali ryarashinzwe hamwe na Eric K. Hyde nk’umuyobozi w’ishami rya mbere.

Kuwa 23 Kanama 2008 • i KigaliIgikorwa cya mbere cyo kubatizwa cyabereye ku kiyaga cya Muhazi.

2009 • i KigaliIshuri ry’Ibanze rya mbere ryarashinzwe hamwe na Agathe Rumanyika nk’umuyobozi.

Ishusho
Ukwegurira igihugu Imana

Kuwa 27 Kanama 2009 • i Kigali

Jeffrey R. Holland wo mu Ihuriro ry’Intumwa Cumi n’Ebyiri yeguriye igihugu cy’u Rwanda Imana ku bwo kubwirizwamo inkuru nziza. Ukwegurira Imana byabereye hejuru y’umusozi witegeye Kigali.

Werurwe 2010 • i KigaliBrent na Cheri Andrus, abavugabutumwa ba mbere boherejwe mu Rwanda, bageze i Kigali.

2011 • mu RwandaItorero ryateye inkunga imishinga y’ubutabazi mu gihugu hose, harimo amazi meza, isuku, ibikoresho byo kwa muganga n’amahugurwa, kwita ku maso, n’amahugurwa yo gufasha abana bavukanye ibibazo.

2011 • i KigaliEmmanuel Rukundo yahamagariwe kuyobora gahunda y’Itorero ifasha kugabanya ubushomeri mu Rwanda.

Gicurasi 2011 • i KigaliAmasomo ya mbere ya Institute (ikigo cy’iyobokamana) yaratangiye hamwe na Godfrey Musaazi nk’umwigisha.

Nzeri 2011 • i KigaliHifashishijwe abanyamuryango bo mu gihugu, Itorero ryatangiye guhindura inyandiko mu Kinyarwanda.

Ukwakira 2011 • i KigaliJackson Ndayambaje yabaye umuvugabutumwa wa mbere wahamagawe uturutse mu Rwanda. Yavugiye ubutumwa mu Ivugabutumwa rya Johannesburg muri Afurika y’Epfo.

Ugushyingo 2011 • i KigaliKugira ngo hubahirizwe amategeko ya leta, abanyamuryango basabwe kutagira amateraniro mu rusengero ahubwo bagakorera ibikorwa byo guhimbaza umuryango ku wundi mu ngo zabo. Amateraniro asanzwe yongeye kuba muri Nyakanga 2012.

Kuwa 13 Kanama 2012 • i KigaliIshami rya Kigali ryakoze umunsi w’igikorwa cy’Ibiganza Bifasha kandi ritumira abageze mu zabukuru ku rusengero, aho bakiriye indorerwamo zo gusoma, imbago, n’amagare y’abamugaye.

Kuwa 24 Ukwakira 2013 • mu RwandaItorero ryabonye icyemezo cy’agateganyo cyo gukorera mu Rwanda mu gihe hagishakirwa kwemerwa n’amategeko burundu.

Kuwa 1 Nzeri 2014 • i KigaliIshami rya Gatatu rya Kigali ryakoze igikorwa cy’Ibiganza Bifasha, ritanga indorerwamo 265 ku baturage.

Kuwa 26 Werurwe 2017 • i KigaliAkarere ka Kigali Rwanda karashinzwe gafite amashami atatu i Kigali hamwe na Joshua Owino Opar nk’umuyobozi w’akarere. Ishami rya Kane ryarashinzwe muri Kigali muri 2019.

Kuwa 24 Kanama 2018 • i KigaliAbera bo mu Rwanda bateraniye hamwe kugira ngo bizihize umunsi ngarukamwaka wa Afurika yose w’Ibiganza Bifasha w’Abamorumoni batanga umusanzu wo gukora isuku rusange.

Kuwa 13–15 Nzeri 2018 • i KigaliUmukuru Joseph Sitati, Umuyobozi Rusange wo mu ba Mirongo Irindwi, yavuze ijambo rikuru ku bwisanzure bw’amadini muri All Africa Religious Liberty Congress ya gatatu [Kongere ya Afurika Yose y’Ubwisanzure bw’Amadini] yabereye mu Rwanda.

Capa