Igiterane Rusange
Muze mu Rugo rw’Imana
April 2022 general conference


Muze mu Rugo rw’Imana

Mu rugo rw’Imana, tugiriramo ubunararibonye bw’ukutwitaho kuducunga, kukatugaburira kandi tugiriramo umugisha wo kwiyumvamo urukundo Rwe rucungura.

Nk’ababyeyi bakiri bato, Umuvandimwe na Mushiki wacu Samad bize inkuru nziza ya Yesu Kristo mu rugo rwabo rworoheje rw’ibyumba bibiri muri Semarang, Indoneziya.1 Bicaye impande y’akameza gato, hamwe n’itara rifite urumuri ruke ryasaga nkaho ryuzuza icyumba imibu kurusha umucyo, abavugabutumwa bato babiri babigishije ukuri guhoraho. Binyuze mu isengesho ritaryarya n’ubujyanama bwa Roho Mutagatifu, baje kwemera ibyo bigishijwe maze bahitamo kubatizwa no guhinduka abanyamuryango b’Itorero rya Yesu Kristo ry’Abera b’Iminsi ya Nyuma. Icyo cyemezo, ndetse n’imiterere yo kubaho kwabo kuva ubwo, cyahaye umugisha Umuvandimwe na Mushiki wacu ndetse n’imiryango yabo muri buri gice cy’ubuzima bwabo.2

Ni bamwe mu Bera b’abapayiniya ba mbere muri Indoneziya. Nyuma y’aho bakiriyiye imigenzo y’ingoro y’Imana, ndetse Umukuru Samad afasha nk’umuyobozi w’ishami na nyuma nk’umuyobozi w’akarere, atwara azenguruka Java yo hagati kugira ngo yuzuze inshingano ze. Mu myaka icumi ishize, yafashije nk’umupatiriyaki wa mbere w’Urumambo rwa Surakarta Indoneziya.

Ishusho
Umukuru Funk hamwe na Mushiki wacu ndetse n’Umuvandimwe Samad

Nk’umwe mu bavugabutumwa muri urwo rugo, rworoheje rwuzuyemo ukwizera imyaka 49 ishize, nababonyemo umuhamya w’ibyo Umwami Benyamini yigishije mu Gitabo cya Morumoni: “Ndifuza ko muzirikana imibereho y’imigisha kandi y’ibyishimo y’abubahiriza amategeko y’Imana. Kuko dore, barahirwa mu bintu byose, haba iby’umubiri n’ibya roho.”3 Imigisha itemba mu buzima bw’abo bakurikiza urugero n’inyigisho za Yesu Kristo, bahitamo kubarwa mu bigishwa Be, ni benshi cyane, buzuye umunezero, kandi bahoraho.4

Urugo rw’Imana

Ubutumire bw’igihango cy’umubatizo cya Aluma kuri abo bakoraniye ku Mazi ya Morumoni butangirana n’iyi nteruro: “None ubu, ubwo mwifuza kuza mu rugo rw’Imana.”5

Ishusho
Flock of sheep in the country side standing next to a rock fence.

Urugo, cyangwa urugo rw’intama, ni ikiraro kigari, kenshi cyubatswe n’inkuta z’amabuye, aho intama zirindirwa nijoro. Kigira umuryango umwe gusa. Ku mpera y’umunsi, umwungeri ahamagara intama. Zizi ijwi rye, maze zinyuze mu irembo zikinjira mu mutekano w’urugo.

Abantu ba Aluma bari baramenye ko abungeri bahagaze ku karyango gafunganye k’urugo kugira ngo iyo intama zinjiye, zibarwe6 maze ibisebe byazo n’uburwayi bwazo bibonwe kandi binitweho imwe kuri imwe. Umutekano n’imibereho myiza y’intama biterwa n’ubushake bwazo bwo kuza mu rugo no kuguma mu rugo.

Muri twe haba hari bamwe biyumvamo nkaho bari ku mpera z’umukumbi, wenda barimo batekereza ko bakenewe gake cyangwa bahabwa agaciro gake cyangwa ko batabarizwa mu rugo. Kandi, nko mu rugo rw’intama, mu rugo rw’Imana rimwe na rimwe turabangamirana maze tugakenera kwihana cyangwa kubabarira.

Ariko Umwungeri Mwiza7—umwungeri wacu nyakuri—ahora ari mwiza. Mu rugo rw’Imana, twumvamo ukutwitaho kuducunga, kukatugaburira kandi tugiriramo umugisha wo kwiyumvamo urukundo Rwe rucungura. Yaravuze ati, “nguharagase mu biganza byanjye; inkike zawe zizahora imbere yanjye.”8 Umukiza wacu yaharagase ibyaha byacu, ububabare bwacu, ndetse n’amagorwa yacu mu biganza Bye9 kandi ibyo byose ni akarengane mu buzima.10 Bose ntibahejwe mu kwakira iyi migisha, uko “mwifuza kuza”11 no guhitamo kuba mu rugo. Impano y’amahitamo ntabwo ari uburenganzira bwo guhitamo gusa; ahubwo ni uburyo bwo guhitamo ikiri cyo. Kandi inkike z’urugo ntabwo ari inzitizi ahubwo ni isoko y’umutekano w’ibya roho.

Yesu yigishije ko hari “umukumbi umwe, umwungeri umwe.”12 Yaravuze ati:

“Unyura mu irembo ni we mwungeri w’intama. …

“Kandi intama zumva ijwi rye … ,

“… intama zikamukurikira: kuko zizi ijwi rye.”13

Nuko Yesu yagize ati, “Ni jye rembo, umuntu niyinjira muri jye azakizwa,”14 arimo yigisha bigaragara ko hari inzira imwe rukumbi ijyana mu rugo rw’Imana kandi inzira imwe rukumbi yo gukizwa. Ni ku bwa Yesu Kristo kandi binyuze muri we.15

Imigisha Iza kuri Abo bari mu Rugo rw’Imana

Twigira uko twaza mu rugo mu ijambo ry’Imana, ari yo nyigisho yigishijwe na Yesu Kristo n’abahanuzi Be.16 Iyo dukurikije inyigisho ya Kristo maze tukaza mu rugo binyuze m’ukwizera Yesu Kristo, ukwihana, umubatizo n’ukwemezwa, ndetse tugakomeza ubudahemuka,17 Aluma yasezeranije imigisha yihariye ine, y’umuntu ku giti cye. Mwebwe mube (1) “mwacungurwa n’Imana,” (2) “mubarirwe hamwe n’abo mu muzuko wa mbere,” (3) “mugire ubugingo buhoraho,” maze (4) Nyagasani “azasuka ku bwinshi Roho ye kuri mwebwe.”18

Nyuma Aluma yigishije ibyerekeye iyi migisha, abantu bakomye amashyi kubera umunezero. Ngiyi impamvu:

Iya mbere: Gucungura bisobanuye kwishyura ideni cyangwa inshingano cyangwa kubohora ibiteza ubwihebe cyangwa inabi.19 Nta ngano y’ukwisubiraho bwite ko ku ruhande rwacu ishobora kutugira abahanaguwe ibyaha twakoze cyangwa kutugira uko twakabaye bitewe n’ibikomere twahuye na byo nta Mpongano ya Yesu Kristo. Ni Umucunguzi wacu.20

Iya Kabiri: Kubera Umuzuko wa Kristo, bose bazazuka.21 Nyuma y’uko roho zacu zivuye mu mibiri yacu ipfa, tuzategereza nta kabuza ubwo dushobora kongera guhobera abo dukunda mu mubiri wazutse. Tuzategerezanya amashyushyu ukuba turi muri abo b’Umuzuko wa Mbere.

Iya Gatatu: Ubuzima buhoraho bisobanuye kubana n’Imana kandi nk’uko ibaho. Ni “isumba zose mu mpano zose z’Imana”22 kandi buzazana ubwuzure bw’umunezero.23 Ni umugambi nyamukuru n’intego y’ubuzima bwacu.

Iya kane: Ubusabane bw’umunyamuryango w’Ubumana, Roho Mutagatifu, butanga ubujyanama n’ihumure bikenewe cyane muri ubu buzima bupfa.24

Zirikana ibitera ukutishima bimwe: inkeke ziva ku cyaha,25 akababaro n’irungu bituruka k’urupfu rw’uwo umuntu akunda, ndetse n’ubwoba buterwa n’ugushidikanya ku kiba iyo dupfuye. Ariko iyo twinjiye mu rugo rw’Imana kandi tukubahiriza ibihango byacu na Yo, twiyumvamo amahoro yo kumenya no kwizera ko Kristo azaducungura ibyaha byacu, ko ugutandandukana k’umubiri na roho byacu bizarangira vuba vuba, kandi ko tuzabaho iteka ryose n’Imana mu buryo bw’agatangaza kurushaho.

Izera Kristo kandi Ukore m’Ukwizera

Bavandimwe na bashiki banjye, ibyanditswe bitagatifu byuzuye ingero z’ububasha buhebuje bw’Umukiza ndetse n’impuhwe ze zuzuye ibambe n’inema. Mu murimo We wo ku isi, imigisha Ye yo komora yaje kuri abo bamwizeye kandi bagakora m’ukwizera. Urugero, umugabo wamugaye ku kidendezi cya Betesida yagenze ubwo, afite ukwizera, yakurikije itegeko ry’Umukiza ryari “byuka, wikorere uburiri bwawe, ugende.”26 Abo bari barwaye cyangwa baremaye mu buryo ubwo ari bwo bwose mu gihugu cy’Aharumbuka baromowe ubwo mu kivunge kimwe bagiye mbere.27

Mu buryo nk’ubwo, kugira ngo twakire imigisha ihambaye yasezeranijwe abo baza mu rugo rw’Imana bidusaba gukora gusa ibyo—dukeneye guhitamo kuza. Aluma Muto yigishije ati, “None ubu ndababwira ko umwungeri mwiza abahamagara; kandi nimuzumva ijwi rye azabazana mu rugo rwe.”28

Imyaka myinshi ishize inshuti nkunda yaratabarutse izize kanseri. Ubwo umugore we, Sharon, yanditse bwa mbere ibyerekeye uburwayi bwe, yaravuze ati: “Duhisemo Ukwizera. Ukwizera mu Mukiza wacu, Yesu Kristo. Ukwizera mu mugambi wa Data wo mu Ijuru, ndetse n’ukwizera ko azi ibikenewe byacu kandi yuzuza amasezerano Ye.”29

Nahuye n’Abera b’Iminsi ya Nyuma benshi bameze nka Sharon biyumvamo amahoro yo mu mutima yo kuba atekanye mu rugo rw’Imana, cyane cyane iyo igishuko, ihangana, cyangwa amakuba bije.30 Bamaze guhitamo kugira ukwizera muri Yesu Kristo no gukurikira umuhanuzi We. Umuhanuzi wacu mukundwa, Umuyobozi Russell M. Nelson, yigishije ati, “Ibintu byose byiza mu buzima—umugisha wose ushoboka w’ubusobanuro buhoraho—bitangirana n’ukwizera.”31

Muze mu Rugo rw’Imana mu buryo Bwuzuye

Sogokuruza wa sogokuru wanjye James Sawyer Holman yaje muri Utah mu 1847, ariko ntiyari ari muri abo bari kuza muri Nyakanga hamwe na Brigham Young. Yaje nyuma muri uwo mwaka maze, tubikesheje inyandiko nshyinguramakuru z’umuryango, yari ashinzwe kuzana intama. Ntiyageze mu Kibaya cya Salt Lake mbere y’Ukwakira, ariko we n’intama barahageze.32

Mu buryo bw’ikigereranyo, bamwe muri twe baracyari mu bibaya. Ntabwo ari buri wese uhagera mu itsinda rya mbere. Nshuti zanjye nkunda, nyamuneka mukomeze urugendo—maze mufashe abandi—kuza mu rugo rw’Imana mu buryo bwuzuye. Imigisha y’inkuru nziza ya Yesu Kristo ntigira igipimo kubera ko ari ihoraho.

Mfite inyiturano mu buryo bwimbitse kuba ndi umunyamuryango w’Itorero rya Yesu Kristo ry’Abera b’Iminsi ya Nyuma. Ntanze umuhamya w’urukundo rwa Data wo mu Ijuru n’Umucunguzi wacu, Yesu Kristo, ndetse n’amahoro aturuka gusa muri Bo—amahoro yo mu mutima n’imigisha iboneka mu rugo rw’Imana. Mu izina rya Yesu Kristo, amena.

Aho byavuye

  1. Like many Indonesians of his generation, Brother Samad has just one name. His wife, Sri Katoningsih, and their children use Samad as their surname.

  2. Brother and Sister Samad report that at least 44 of their extended family are now members of the Church. Many others also enjoy the blessings of the gospel because of their example and service.

  3. Mosiah 2:41.

  4. See Doctrine and Covenants 59:23.

  5. Mosiah 18:8.

  6. See Moroni 6:4.

  7. See John 10:14; see also Gerrit W. Gong, “Good Shepherd, Lamb of God,” Liahona, May 2019, 97–101.

  8. Isaiah 49:16.

  9. See Alma 7:11–13.

  10. See Dale G. Renlund, “Infuriating Unfairness,” Liahona, May 2021, 41–44.

  11. Mosiah 18:8.

  12. John 10:16.

  13. John 10:2–4.

  14. John 10:9.

  15. See 2 Nephi 31:21; Helaman 5:9.

  16. See Henry B. Eyring, “The Power of Teaching Doctrine,” Liahona, July 1999, 85. When we seek to come unto Christ, we must come according to the words of Christ, “for there is one God and one Shepherd over all the earth” (see 1 Nephi 13:40–41).

  17. The doctrine of Christ, simply stated, is that all people everywhere must exercise faith in Jesus Christ and His Atonement, repent, be baptized, receive the Holy Ghost, and endure to the end, or, as the Savior taught in 3 Nephi 11:38, “ye can in nowise inherit the kingdom of God.”

  18. Mosiah 18:9, 10.

  19. See Merriam-Webster.com Dictionary, “redeem”; see also D. Todd Christofferson, “Redemption,” Liahona, May 2013, 109.

  20. See Alma 11:40.

  21. See 2 Nephi 2:8; 9:12.

  22. Doctrine and Covenants 14:7

  23. See 2 Nephi 9:18.

  24. See 1 Nephi 4:6; Moroni 8:26.

  25. See Mosiah 3:24–25; Alma 41:10.

  26. John 5:8.

  27. 3 Nephi 17:9.

  28. Alma 5:60. In Moses 7:53, the Messiah also said, “Whoso cometh in at the gate and climbeth up by me shall never fall.”

  29. Sharon Jones, “Diagnosis,” wechoosefaith.blogspot.com, Mar. 18, 2012.

  30. Preach My Gospel defines “endure to the end” as follows: “To remain true to the commandments of God and be true to the endowment and sealing ordinances of the temple despite temptation, opposition, and adversity throughout life” ([2019], 73). This suggests that we will experience temptation, opposition, and adversity throughout life.

  31. Russell M. Nelson, “Christ Is Risen; Faith in Him Will Move Mountains,” Liahona, May 2021, 102.

  32. See brief biographies of James Sawyer Holman and Naomi Roxina LeBaron Holman by their granddaughter Grace H. Sainsbury in the possession of the speaker (Charles C. Rich diary, Sept. 28, 1847, Church History Library, Salt Lake City; Journal History of The Church of Jesus Christ of Latter-day Saints, June 21, 1847, 49, Church History Library). Holman was a captain in the 1847 Charles C. Rich company.

Capa