Igiterane Rusange
Uzi Impamvu Njye nk’Umukristo Nemera Kristo?
Igiterane rusange Mata 2023


Uzi impamvu njye nk’Umukristo Nemera Kristo?

Yesu kristo yagombye kubabara, gupfa, no kwongera kuzuka kugira ngo acungure inyoko muntu urupfu rw’umubiri kandi atange ubugingo buhoraho hamwe n’Imana.

Umugoroba umwe nyuma y’akazi, mu myaka ishize, nuriye bisi yanjye isanzwe injyana mu rugo iNew Jersey mvuye mu murwa wa New York. Umugore nasanze twicaranye abonye ibyo nandikaga muri mudasobwa yanjye arabaza ati: “Wemera … Kristo?” Ndavuga nti: “Yego, ndamwemera!” Uko twaganiraga, namenye ko yari aje vuba muri ako gace aturutse mu gihugu cye cyiza cyo muri Aziya ngo akore mu rwego rw’ikoranabuhanga ruhatanirwa cyane muri New York.

Mu buryo busanzwe, naramubajije nti: “Uzi impamvu njye nk’Umukristo nemera Yesu Kristo?” Yansubije mu buryo busanzwe kandi ansaba kumubwira impamvu. Ariko ubwo nari ngiye gutangira kuvuga, nagize kimwe muri bya bihe ugira ibitekerezo byinshi byisukiranya mu mutwe. Ni bwo bwa mbere nari ngiye gusobanura “impamvu” y’Ubukristo ku muntu utabumenyereye kandi w’umunyabwenge cyane. Sinashoboraga gusa kuvuga nti: “Nkurikira Yesu Kristo kubera ko yababajwe ku bwende bwe kandi agapfa kubw’ibyaha byanjye.” Yashoboraga kwibaza ati: “byari ngombwa se ko Yesu apfa? Imana ntiyashoboraga se kutubabarira gusa no kutwoza ibyaha byacu tubiyisabye?”

Wari gusubiza ute se mu minota mike? Ni gute wabisobanurira inshuti? Abana n’urubyiruko: Mwazabaza ababyeyi banyu cyangwa umuyobozi nyuma y’aha muti: “Kuki Yesu yagombaga gupfa?” Kandi bavandimwe, mfite icyo kwirega: kabone nubwo nari mfite ubumenyi:ku nyigisho y’Itorero, amateka, ingamba, n’ibindi, igisubizo kuri iki kibazo cy’ingenzi mu kwizera kwacu ntabwo cyaje ku buryo bworoshye. Uwo munsi, nafashe icyemezo cyo kurushaho kwibanda ku cy’ingenzi kurusha ibindi ku bugingo buhoraho.

Noneho, nabwiye iyo nshuti yanjye nshya1 ko dufite roho yiyongera ku mubiri kandi ko Imana ari Se wa roho zacu.2 Namubwiye ko twahoranye na Data wo mu Ijuru mbere y’ukuvukira kwacu muri iyi si.3 Kubera ko imukunda n’abana bayo bose, yadukoreye umugambi wo guhabwa umubiri usa n’Uwayo w’ikuzo,4 kuba mu muryango,5 kandi tugasubira urukundo imbere ye kugira ngo tunezerwe n’ubugingo buhoraho hamwe n’imiryango yacu,6 nk’uko bimeze n’Uwayo.7 Ariko,mvuga ko, duhura n’imbogamizi ebyiri muri iyi si yaguye ariko ikenewe:8 (1) urupfu rw’umubiri—gutandukana kw’imibiri na roho zacu. Birumvikana, uyu mugore yari azi ko twese tuzapfa. Icya (2) urupfu rwa roho—gutandukana kwacu n’Imana kubera ibyaha byacu, amakosa, n’ubusembwa nk’abantu bafite umubiri upfa biduha intera n’aho iri hatagatifu.9 Ibi na byo yari asanzwe hari uko abizi.

Mubwira ko ibi ari ingaruka y’itegeko ry’ubutabera. Iri tegeko rihoraho risaba ko igihano gihoraho gitangwa kuri buri cyaha cyacu cyangwa kuzibukira amategeko cyangwa ukuri kw’Imana, cyangwa se ntituzabashe gusubira kuba imbere Ye hatagatifu.10 Byaba bibogamye, kandi Imana “ntishobora guhakana ubutabera.”11 Ibi yarabisobanukiwe ariko yumva byoroshye ko Imana ari inyempuhwe, yuje urukundo, kandi ifite ubushake yo kuduha ubugingo buhoraho.12 Nabwiye iyo nshuti yanjye ko dufite umwanzi w’umunyamayeri, ukomeye—isoko y’ibibi byose ’ibinyoma—uturwanya.13 Kubera iyo mpamvu, umuntu ufite ububasha bw’Imana butagira urugero bwo kunesha iryo hangana n’imbogamizi yari akenewe ngo adukize.14

Noneho musangiza inkuru nziza— “ubutumwa bwiza bw’umunezero mwinshi … ku bantu bose”15—ko “Kuko Imana yakunze abari mu isi cyane, byatumye itanga Umwana wayo w’ikinege kugira ngo umwizera wese atarimbuka, ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho.”16 Nahaye ubuhamya inshuti yanjye, kandi ndabahamiriza ko, Yesu Kristo ari Umukiza, ko yagombye kubabazwa, gupfa, no kongera kuzamurwa—Impongano ye itagira urugero —yo gucungura inyokomuntu yose ku rupfu rw’umubiri17 no kuduha ubugingo buhoraho turi kumwe n’Imana n’imiryango yacu18 ku bantu bose bazamukurikira. Igitabo cya Morumoni gitangaza ko, “Kandi uko ni ko Imana … kubera ko yatsinze urupfu; bigaha Mwana ububasha bwo kuvuganira abana b’abantu … ; akaba yuzuye [impuhwe n’] ibambe … ; yaciye iminyururu y’urupfu, yikoreye ubwe ubukozi bw’ibibi bwabo n’ibicumuro byabo, yarabacunguye, kandi yuzuza ibisabwa n’ubutabera.”19

Intambwe tugomba gutera Imana yahishuye ngo tubashe gukurikira Yesu tunakire ubugingo buhoraho zitwa inyigisho ya Kristo. Zikubiyemo ukwizera muri Yesu Kristo n’Impongano Ye, ukwihana, umubatizo mu Itorero rya Yesu Kristo ry’Abera b’Iminsi ya Nyuma, kwakira impano ya Roho Mutagatifu, no kwihangana kugeza ku ndunduro.20 Nasangije izi ntambwe inshuti yanjye, ariko hano hari uburyo abahanuzi n’intumwa bigishije vuba aha uko inyigisho ya Kristo ishobora guha umugisha abana bose b’Imana.

Umuyobozi Russell M. Nelson yigishije ko inyigisho nyakuri ya Kristo ifite imbaraga nyinshi. Ihindura ubuzima bwa buri wese uyisobanukiwe kandi agashaka kuyishyira mu bikorwa mu buzima bwe.21

Umukuru Dieter F.Uchtdorf yigishije ko imfashanyigisho ya Ku bw’Imbaraga z’Urubyiruko itarya indimi itangaza inyigisho ya Kristo kandi ibatumira [urubyiruko] kugira amahitamo ashingiye kuri [yo].22

Umukuru Dale G.Renlund yigishije ko batumirira abavugabutumwa gukora ibyo basaba abo bigisha gukora: ari byo gukurikiza inyigisho ya Kristo mu buzima bwabo nuko bakagera kandi bagahama mu nzira y’igihango.23

Inyigisho ya Kristo itera imbaraga abagerageza cyangwa biyumvamo ko batabarirwa mu Itorero kubera ko ibafasha, nk’uko Umukuru D. Todd Christofferson yabivuze, ati: “ emeza uti: Yesu Kristo yarampfiriye [kandi] arankunda.24

Babyeyi, niba umwana wanyu atumva neza ihame ry’inkuru nziza cyangwa icyigisho cy’umuhanuzi, ndabasaba mwirinde imvugo mbi iyo ari yo yose25 cyangwa igikorwa cyo kwivumbagatanya gitunga agatoki Itorero cyangwa abayobozi baryo. Ubwo buryo buciriritse, by’iyi so buri hasi yanyu kandi bushobora kumunga mu gihe kirekire ubudahemuka bw’umwana wanyu.26 Birumvikana ko ugomba kurinda cyangwa kuvuganira umwana wawe w’agaciro cyangwa ukamwereka ibimenyetso byo kwifatanya na we. Ariko umugore wanjye, Jayne, nanjye tuzi bivuye mu bunararibonye bwite ko kwigisha umwana wawe ukunda impamvu twese dukeneye cyane Yesu Kristo n’uburyo bwo gushyira mu bikorwa inyigisho Ye inejeje ari byo bizamuha imbaraga bikanamukiza. Mureke tubahindukirize kuri Yesu, ari we muvugizi nyakuri wabo kuri Data. Intumwa Yohana yarigishije iti: “Umuntu wese … uhora mu nyigisho ya Kristo … ni we ufite Data wa twese n’Umwana we.” Maze atuburira ibyo dukwiye kumenya “nihagira uza iwanyu ,atazanye iyo nyigisho.”27

Jayne nanjye twasuye agasi aho Mose yamanitse inzoka y’umuringa imbere y’abana ba Isirayeli bazereraga. Nyagasani yabasezeranyije gukiza abantu bose bariwe n’inzoka z’ubumara mu gihe yayirebye gusa.28 Mu gushyira inyigisho ya Kristo imbere yacu, umuhanuzi wa Nyagasani na we ni cyo ariho akora, “kugira ngo azavure amahanga.”29 Ikirumana cyose cyangwa ubumara cyangwa intambara duhura nazo muri ubu buzima bw’agasi, nimureke tutaba nka ba bandi, kera cyangwa muri ibi bihe, bashoboraga gukizwa ariko, ku buryo bubabaje, “batayirebaga … kubera ko batemeraga ko yazabakiza.”30 Igitabo cya Morumoni kiremeza kiti: “Dore, … iyi ni yo nzira; kandi nta yindi cyangwa irindi zina ryatanzwe munsi y’ijuru umuntu ashobora gukirizwamo mu bwami bw’Imana. Kandi ubu, dore, iyi ni yo nyigisho ya Kristo.”31

Wa mugoroba muri New Jersey, nsangiza impamvu dukeneye Yesu Kristo hamwe n’inyigisho Ye byampaye undi mushiki wanjye na we bimuha undi musaza we. Twiyumvisemo ubuhamya bw’amahoro, bwemezwa na Roho Mutagatifu. Mu buryo busanzwe, namusabye kunsangiza ibijyanye n’uburyo twakongera guhura no gukomeza ikiganiro n’abavugabutumwa bacu. Yarabyishimiye.

Kubera iyo mpamvu, mbega ukuntu ari ingirakamaro kugeza ibi bintu ku batuye isi bose, Igitabo cya Morumoni gitangaza ko—gukunda, gusangiza no gutumira32 uko dukoranya Isirayeli mu nsisiro zacu zose no mu miryango—“kugira ngo bamenye ko nta mubiri ushobora gutura imbere y’Imana, keretse binyuze mu bigwi, n’imbabazi, n’inema [n’inyigisho] bya Mesiya Mutagatifu,.”33 Mu izina rya Yesu Kristo, amena.

Aho byavuye

  1. I have chosen not to publicize my friend’s name or to use a fictitious name.

  2. See Romans 8:15–17; Hebrews 12:9; Doctrine and Covenants 88:15.

  3. See Jeremiah 1:4–5; Doctrine and Covenants 138:55–56; Abraham 3:22–23, 26; Guide to the Scriptures, “Premortal Life,” scriptures.ChurchofJesusChrist.org; “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel: A Guide to Missionary Service (2019), 48.

  4. See “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel, 48.

  5. The Father’s perfect plan, called the great plan of happiness, the plan of salvation, and the plan of redemption, among other references, is organized such that everyone who comes into mortality necessarily does so into a family, and everyone is part of a family. Of course, not all family circumstances are ideal or accord with our Father’s loving vision for all His children, and some are tragic. However, as we live the doctrine of Christ, Jesus Christ helps us receive all the blessings the Father has for His children through His merciful and comprehensive plan. See also endnote 6.

  6. One of the greatest promises God has made to His children is also the greatest of all His gifts to us: exaltation, or eternal life, which is to live eternally “in God’s presence and to continue as families” (Gospel Topics, “Eternal Life,” topics.ChurchofJesusChrist.org; see also Doctrine and Covenants 14:7). “Families” include husband, wife, and children, as well as our living and deceased relatives who accept and live the doctrine of Christ. Already deceased family members in the spirit world who were not able to embrace the doctrine of Christ in this life can do so in the spirit world as ordinances like baptism, receiving the gift of the Holy Ghost, and others that help us “endure to the end” are lovingly performed vicariously by living relatives in temples in The Church of Jesus Christ of Latter-day Saints. Additionally, the promise of eternal life is not just to those who are married in this life. President M. Russell Ballard taught, “Scriptures and latter-day prophets confirm that everyone who is faithful in keeping gospel covenants will have the opportunity for exaltation” (“Hope in Christ,” Liahona, May 2021, 55; emphasis added). Citing President Russell M. Nelson and President Dallin H. Oaks, President Ballard continued, “The precise time and manner in which the blessings of exaltation are bestowed have not all been revealed, but they are nonetheless assured” (“Hope in Christ,” 55; emphasis added). President Nelson taught: “In the Lord’s own way and time, no [blessing] will be withheld from His faithful Saints. The Lord will judge and reward each individual according to heartfelt desire as well as deed” (“Celestial Marriage,” Liahona, Nov. 2008, 94). And President Oaks explained, “Many of the most important deprivations of mortality will be set right in the Millennium, which is the time for fulfilling all that is incomplete in the great plan of happiness for all of our Father’s worthy children” (“The Great Plan of Happiness,” Ensign, Nov. 1993, 75). See also endnote 5.

  7. See Guide to the Scriptures, “Plan of Redemption,” scriptures.ChurchofJesusChrist.org; see also Gospel Topics, “Plan of Salvation,” topics.ChurchofJesusChrist.org; “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel, 48–50, 53.

  8. See “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel, 49.

  9. See “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel, 47–50.

  10. See “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel, 47–50.

  11. Mosiah 18:21. Mosiah 15:27; references to eternal justice or God’s justice abound in the scriptures, but see particularly Alma 41:2–8 and Alma 42.

  12. See Alma 42:14–24; Moses 1:39.

  13. See “Lesson 2: The Plan of Salvation,” Preach My Gospel, 47–50.

  14. See Alma 34:10, 9–13; see also Mosiah 13:28, 34–35; 15:1–9; Alma 42:15.

  15. Luke 2:10.

  16. John 3:16.

  17. See Helaman 14:15–17; Mormon 9:12–14.

  18. See endnotes 5 and 6.

  19. Mosiah 15:8–9.

  20. What Is My Purpose as a Missionary?,” Preach My Gospel, 1; see also “Lesson 3: The Gospel of Jesus Christ,” Preach My Gospel, 63.

  21. Russell M. Nelson, “Pure Truth, Pure Doctrine, and Pure Revelation,” Liahona, Nov. 2021, 6; emphasis added.

  22. Dieter F. Uchtdorf, “Jesus Christ Is the Strength of Youth,” Liahona, Nov. 2022, 11; see also For the Strength of Youth: A Guide for Making Choices (2022), 4.

  23. Dale G. Renlund, “Lifelong Conversion of Missionaries” (address given at the mission leadership seminar, June 25, 2021), 1, Church History Library, Salt Lake City.

  24. D. Todd Christofferson, “The Doctrine of Belonging,” Liahona, Nov. 2022, 56; see also D. Todd Christofferson, “The Joy of the Saints,” Liahona, Nov. 2019, 15–18.

  25. See James 4:11; Doctrine and Covenants 20:54; Guide to the Scriptures, “Evil Speaking.”

  26. See Ahmad S. Corbitt, “Activism vs. Discipleship: Protecting the Valiant” (address given at the chaplains’ seminar, Oct. 2022), cdn.vox-cdn.com/uploads/chorus_asset/file/24159863/Brother_Corbitt_Chaplain_seminar.pdf; video: media2.ldscdn.org/assets/general-authority-features/2022-chaplain-training-seminar/2022-10-1000-activism-vs-discipleship-1080p-eng.mp4.

  27. 2 John 1:9–10.

  28. See Numbers 21:5–9.

  29. 2 Nephi 25:20.

  30. Alma 33:20.

  31. 2 Nephi 31:21.

  32. See “2021 Broadcast: Principles of Love, Share, and Invite,” broadcasts.ChurchofJesusChrist.org; see also Gary E. Stevenson, “Love, Share, Invite,” Liahona, May 2022, 84–87.

  33. 2 Nephi 2:8.

Capa