Inkuru zo mu Byanditswe Bitagatifu
Igice cya 12: Umwami Benyamini


“Igice cya 12: Umwami Benyamini,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 32–35

“Igice cya 12,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 32–35

Igice cya 12

Umwami Benyamini

Ishusho
Umwami Benyamini yigisha

Umwami Benyamini yari umwami w’umukiranutsi w’Umunefi. Abifashijwemo n’abandi bantu b’abakiranutsi, yazanye amahoro mu gihugu.

Ishusho
Umwami Benyamini na Mosaya

Umwami Benyamini arasaza nuko ashaka kuvugisha abantu be. Yashakaga kubabwira ko umuhungu we Mosaya azaba umwami ukurikiyeho.

Ishusho
abantu bakoranira hirya no hino y’ingoro y’Imana

Abantu baturutse hose mu gihugu nuko bateranira hafi y’ingoro y’Imana. Bateye amahema yabo ku buryo imiryango yarebaga ingoro y’Imana.

Ishusho
Umwami Benyamini avuga

Umwami Benyamini yavugiye ku munara kugira ngo Abanefi babashe kumwumva.

Ishusho
Abanefi

Yabwiye abantu be ko yari yaragerageje cyane kubafasha. Yavuze ko uburyo bwo gukorera Imana ari ugufashanya hagati y’abantu.

Ishusho
Umwami Benyamini

Umwami Benyamini yabwiye abantu kubaha amategeko y’Imana. Abazakurikiza amategeko mu buryo budahemuka bazishima ndetse hari umunsi bazabana n’Imana.

Ishusho
umwana Yesu na Mariya

Umwami Benyamini yavuze ko bidatinze Yesu Kristo azavuka ku isi. Izina rya nyina rizaba Mariya.

Ishusho
Yesu akora ibitangaza

Yesu azakora ibitangaza. Azakiza abarwayi ndetse agarure mu buzima abapfuye. Azatuma impumyi zibona abapfamatwi bumva.

Ishusho
Yesu asenga

Yesu azababazwa apfe kubw’ibyaha by’abantu bose. Abazihana ndetse bakagira ukwizera muri Yesu Kristo bazababarirwa ibyaha byabo.

Ishusho
Yesu abambwa.

Umwami Benyamini yabwiye Abanefi ko abagabo b’abagome bazakubita Yesu. Nyuma bakamubamba.

Ishusho
Yesu yazutse.

Nyuma y’iminsi itatu Yesu azazuka.

Ishusho
Abanefi bihana

Nyuma Umwami Benyamini amaze kuvuga, Abanefi bituye hasi. Bari bababajwe n’ibyaha byabo ndetse bashatse kwihana.

Ishusho
Abantu basenga

Abantu bagize ukwizera muri Yesu Kristo, barasenga ngo babarirwe.

Ishusho
Abanefi bamwenyura

Roho Mutagatifu yuzuye imitima yabo. Bamenye ko Imana yari yabababariye kandi ko yabakundaga. Biyumvisemo amahoro n’umunezero.

Ishusho
Umwami Benyamini avugisha abantu

Umwami Benyamini yabwiye abantu be kwemera Imana. Yashakaga ko bamenya ko Imana yaremye ibintu byose kandi ko ari inyabwenge ikanaba inyembaraga.

Ishusho
umuryango usenga

Umwami Benyamini yabwiye abantu kwicisha bugufi no gusenga buri munsi. Yashakaga ko abantu be bahora bibuka Imana no kuba indahemuka.

Ishusho
Umwami Benyamini avuga

Yabwiye ababyeyi kudatuma abana babo barwana cyangwa ngo bajye impaka.

Ishusho
ababyeyi bigisha abana

Yababwiye kwigisha abana babo kubaha no gukunda no gufashanya.

Ishusho
Abanefi bateze amatwi Umwami Benyamini

Yaburiye abantu kwitondera ibyo batekereza, ibyo bavuga n’ibyo bakora. Ko bagombaga kuba indahemuka ndetse bagakurikiza amategeko ubuzima bwabo bwose basigaje.

Ishusho
Umwami Benyamini avugisha abantu

Umwami Benyamini yabajije abantu niba baremeye inyigisho ze. Bose basubiza ko bazemeye. Roho Mutagatifu yari yarabahinduye, kandi ntibari bacyifuza gukora icyaha.

Ishusho
Abanefi bamwenyura.

Bose bagize igihango cyangwa basezeranye gukuriza amategeko y’Imana. Umwami Benyamini yarishimye.

Ishusho
Umwami Benyamini aha umugisha Mosaya

Umwami Benyamini aha umuhungu we Mosaya uburenganzira bwo kuba umwami mushya. Nyuma y’imyaka itatu Umwami Benyamini yaratanze.

Ishusho
Mosaya ari gukora

Mosaya yari umwami w’umukiranutsi. Yarakoze cyane kandi yafashije abantu be, nk’uko se yabigenje.

Capa