Scripture Stories
Igice cya 49: Morumoni n’Inyigisho Ze


“Igice cya 49: Morumoni n’Inyigisho Ze,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 138–42

“Igice cya 49,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 138–42

Igice cya 49

Morumoni n’Inyigisho Ze

Ishusho
amatsinda abiri y’abantu

Imyaka myinshi nyuma yuko Yesu Kristo asuye Abanefi, itsinda rito ryavuye mu itorero maze biyita Abalamani.

Ishusho
itsinda riganira

Amaherezo abantu hafi ya bose babaye abagome, Abanefi n’Abalamani bombi.

Ishusho
Amaroni ahisha inyandiko

Umugabo w’umukiranutsi, Amaroni, yari afite inyandiko ntagatifu. Roho Mutagatifu yamubwiye kuzihisha kugirango zibe zirinzwe.

Ishusho
Amaroni avugisha Morumoni wari ukiri muto

Amaroni yabwiye Morumoni, umuhungu w’imyaka 10, aho inyandiko zari zihishwe. Amaroni yari abizi ko yakwizera Morumoni.

Ishusho
Amaroni na Morumoni

Igihe yari afite imyaka 24, Morumoni yagombaga gufata ibisate bya Nefi maze akabyandikaho ibyerekeye abantu be.

Ishusho
Abanefi n’Abalamani barwana

Igihe Morumoni yari afite imyaka 11, intambara yaratangiye hagati y’Abanefi n’Abalamani. Abanefi baratsinze, nuko hongera kuboneka amahoro.

Ishusho
abantu banywa

Ariko Abanefi bari abagome cyane ku buryo Nyagasani yatwaye abigishwa batatu, bigahagarika ibitangaza no gukiza. Roho Mutagatifu ntiyari akiyobora abantu.

Ishusho
Morumoni

Ubwo Morumoni yari afite imyaka 15, Yesu Kristo yaramusuye. Morumoni yize byinshi ku Mukiza ndetse n’ubwiza bwe.

Ishusho
Morumoni areba abantu babiri

Morumoni yashakaga kubwiriza abantu, ariko Yesu aramubuza kubera ko abantu bari abagome cyane. Imitima yabo yari irimo kurwanya Imana.

Ishusho
Morumoni nk’umuyobozi w’ingabo

Nyuma yaho gato indi ntambara iratangira. Morumoni yari munini kandi akomeye, maze Abanefi bamuhitamo ngo ayobore ingabo zabo.

Ishusho
Morumoni avugisha ingabo

Abanefi barwanye n’Abalamani mu gihe cy’imyaka myinshi. Morumoni yagerageje gutera akanyabugabo abantu be kurwanira imiryango yabo n’ingo zabo.

Ishusho
urugamba

Abanefi bari barabaye abagome cyane, ku buryo, Nyagasani atabafashaga.

Ishusho
Morumoni avugana n’abagabo

Morumoni yabwiye Abanefi ko bazarokoka nibaramuka bihannye kandi bakabatizwa. Ariko abantu barabyanze.

Ishusho
Morumoni areba ingabo

Bigambye imbaraga zabo, bavuga ko bazica Abalamani bose. Kubera ubugome bw’Abanefi, Morumoni yanze gukomeza kubayobora ukundi.

Ishusho
Morumoni ahagararanye n’ingabo

Abalamani batangira gutsinda Abanefi muri buri rugamba. Morumoni afata umwanzuro wo kongera kuyobora ingabo z’Abanefi.

Ishusho
Morumoni yicaye

Yari abizi ko Abanefi b’abagome batatsinda urugamba. Ntabwo bihanye cyangwa ngo basenge kubw’ubufasha bari bakeneye.

Ishusho
Morumoni atwikurura inyandiko

Morumoni yafashe inyandiko zose ku musozi aho Amaroni yari yarazihishe maze yandikira abantu bazasoma inyandiko umunsi umwe.

Ishusho
Morumoni n’inyandiko ntagatifu

Yashakaga buri wese, harimo abayahudi, ko bamenya Yesu Kristo, ko bihana bakanabatizwa, bagakurikiza Inkuru nziza maze bagahabwa imigisha.

Ishusho
Morumoni yandika ku bisate bitagatifu

Roho yabwirije Morumoni gushyira ibisate bito bya Nefi, byarimo ubuhanuzi bwo kuza kwa Kristo, hamwe n’ibisate bya Morumoni.

Ishusho
Ingabo za Morumoni

Morumoni yayoboye Abanefi ku butaka bwa Kumora, aho bari biteguye kongera kurwana n’Abalamani.

Ishusho
Morumoni afashe ibisate

Morumoni yagendaga asaza. Yari abizi ko uru rwari bube urugamba rwanyuma. Ntiyashakaga ko Abalamani babona inyandiko ntagatifu ngo bazangirize.

Ishusho
Morumoni ahereza ibisate Moroni

Rero yahaye ibisate Morumoni umuhungu we, Moroni, maze ahisha ibisate bisigaye mu musozi wa Kumora.

Ishusho
Abanefi bapfa

Abalamani bateye kandi bica Abanefi bose uretse 24 muri bo. Morumoni yari yakomeretse.

Ishusho
Morumoni wakomeretse

Morumoni yari ababaye kubw’Abanefi benshi bari bapfuye, ariko yari abizi ko bapfuye kubera bari baranze Yesu.

Ishusho
Yesu Kristo

Morumoni yari yaragerageje kwigisha Abanefi ukuri. Yari yarababwiye uko kugira ukwizera muri Yesu Kristo byari iby’agaciro.

Ishusho
Morumoni yigisha

Yari yaragerageje kwigisha ku kugira icyizere mu gitambo cy’incungu cya Yesu Kristo ndetse no kugira urukundo nyakuri, arirwo rukundo rw’umwimerere rwa Kristo.

Ishusho
Morumoni yandika amabaruwa

Kandi Morumoni yari yarandikiye amabaruwa umuhungu we, Moroni, nawe wigishije inkuru nziza Abanefi.

Ishusho
Moroni asoma ibaruwa

Morumoni yanditse kubyerekeye ubugome bukabije bw’Abanefi. Yabwiye Moroni kuguma yizeye muri Yesu Kristo.

Ishusho
Morumoni yishwe

Abalamani bishe Morumoni n’abandi Banefi bose uretse Moroni, warangije kwandika inyandiko.

Capa