Inkuru zo mu Byanditswe Bitagatifu
Igice cya 28: Abazoramu na Ramewumputomu


“Igice cya 28: Abazoramu na Ramewumputomu,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 78–80

“Igice cya 28,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 78–80

Igice cya 28

Abazoramu na Ramewumputomu

Ishusho
Abazoramu baramya ibigirwamana

Abazoramu babaga mu Itorero ry’Imana ariko baza kuba abagome bakajya baramya ibigirwamana.

Ishusho
Aluma n’abandi bavugabutumwa

Abanefi ntibashakaga ko Abazoramu bisunga Abalamani, nuko Aluma ajyana na bamwe mu bavugabutumwa kubwiriza ijambo ry’Imana Abazoramu.

Ishusho
abavugabutumwa n’Abazoramu

Aba bavugabutumwa batunguwe ndetse barakazwa n’ukuntu Abazoramu basengeraga mu nsengero zabo, zitwaga amasinagogi.

Ishusho
umugabo uhagaze kuri podiyumu

mu rusengero hagati, Abazoramu bubatse podiyumu ndende yitwa Ramewumputomu. Hari umwanya w’umuntu umwe wo guhagararaho ku gasongero.

Ishusho
umugabo ashyize ibiganza mu kirere

Abazoramu basimburanye guhagarara aho, bakareba mu ijuru maze bakavuga isengesho rimwe basakuza.

Ishusho
umugabo ashyize ibiganza mu kirere

Muri iri sengesho, Abazoramu bavugaga ko Imana itagira umubiri; ko ari roho gusa. Kandi bavuze ko nta Kristo uzabaho.

Ishusho
umugabo asengera kuri podiyumu

Abazoramu bari bazi ko Imana aribo bonyine yari yarahisemo gukirizwa mu bwami bw’ijuru. Bashimiye kubwo kuba abatoni be.

Ishusho
Abazoramu bagenda

Nyuma y’uko buri Muzoramu yasenze, bagiye mu rugo kandi ntabwo bongeye gusenga cyangwa ngo bavuge ku Mana icyumweru cyose.

Ishusho
Abazoramu n’ubutunzi

Abazoramu b’abaherwe bakundaga zahabu na feza, kandi bakundaga kurata ubutunzi bwabo bw’iby’isi. Aluma yababajwe n’ukuntu bari abagome.

Ishusho
Aluma asenga

Aluma yarisengeye n’abavugabutumwa be ngo bagire imbaraga, ihumure n’ishya n’ihirwe mu kazi kabo.

Ishusho
abavugabutumwa basenga

Nyuma yo gusaba ubufasha bwo kugarura Abazoramu k’ukuri, Aluma n’abandi bavugabutumwa buzujwe Roho Mutagatifu.

Ishusho
amuvugabutumwa abona ifunguro

Nyuma abavugabutumwa banyura inzira zitandukanye bajya kubwiriza. Imana yabahaye umugisha w’ibyo kurya n’imyambaro kandi ibatera imbaraga mu murimo wabo.

Ishusho
amuvugabutumwa yigisha abakene

Abazoramu bakennye ntabwo bari bemerewe kwinjira mu nsegero. Aba bantu batangira gutega amatwi abavugabutumwa.

Ishusho
Aluma abwiriza

Benshi babajije Aluma icyo bakora. Aluma yababwiye ko badakeneye kuba bari mu rusengero kugira ngo basenge cyangwa bahimbaze Imana.

Ishusho
Amuleki yigisha abantu

Yababwiye kugira ukwizera mu Mana. Maze Amuleki abigisha kuri Yesu Kristo n’umugambi w’Imana ku bana bayo.

Ishusho
abemera bava mu mujyi

Abavugabutumwa baragiye n’Abazoramu bari barabemeye bajugunywe hanze y’umujyi. Abemera bagiye kuba mu gihugu cya Yerushoni hamwe n’abantu ba Amoni.

Ishusho
abantu bareba abandi bagenda

N’ubwo Abazoramu b’abagome bateye ubwoba abantu ba Amoni, abantu ba Amoni bafashije Abazoramu b’abakiranutsi maze babaha ibyo kurya, imyambaro n’ubutaka.

Capa