“Abantu bo Kumenya,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 163–64
“Abantu bo Kumenya,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 163–64
Abantu bo Kumenya
-
abahungu ba MosayaAbahungu b’Umwami Mosaya: Aroni, Amoni,2 Himuni,ndetse na Omuneri bari abavugabutumwa b’abanyamurava mu Balamani
-
Abalamaniabakomoka cyangwa abayoboke ba Lamani na Lemuweli cyangwa abantu banze inkuru nziza
-
abambari b’umwamiAbanefi bashakaga gutegekwa n’umwami, aho gutegekwa n’abacamanza. Ubwo batabashaga kugira umwami, biyunze ku Balamani maze batera Abanefi.
-
Abamulisiabayoboke ba Amulisi. Bishyizeho ikimenyetso gitukura ku mpanga zabo maze bisinga Abalamani.
-
Abanefiabayoboke ba Nefi cyangwa abantu bemeye inkuru nziza
-
Abanti-Nefi-Lehi(reba Amoni, abantu ba)
-
abantu bafite umudendezoAbanefi bashakaga umudendezo wo kubaho no guhimbaza uko babyifuzaga. Bategekwaga n’abacamanza, aho gutegekwa n’ umwami.
-
Abayerediabayoboke ba Yeredi n’umuvandimwe we bavuye i Babeli maze bajya mu gihugu cy’isezerano mu mato
-
Abazoramuabantu b’abagome bigeze kuba mu bagize itorero ry’Imana. Basengeraga mu masinagogi bahagaze ahantu hitwa Ramewumputomu.
-
Abinadiumuhanuzi woherejwe kwigisha Umwami Nowa, watumye Abinadi yicwa atwitswe
-
Adamuumuntu wa mbere ku isi
-
Alumaumutambyi w’Umwami Nowa wemeye inyigisho za Abinadi maze nyuma aba umuyobozi w’Itorero
-
Aluma Mutoumwana wa Aluma wari warigometse kandi akagerageza kurimbura Itorero gusa yaje kugira impinduka y’umutima maze atangira kwigisha inkuru nziza. Yabaye umuyobozi w’Itorero ndetse n’umucamanza mukuru wa mbere.
-
Amalikiyaumugabo w’umugome washakaga kuba umwami w’Abanefi ariko yaribukureho umudendezo w’abantu. Ubwo byangaga ko aba umwami, yaragiye ngo afatanye n’Abalamani.
-
Amaroniumugabo w’umukiranutsi wahaye Morumoni inyandiko kugira ngo zitekane
-
Amoni, abantu baAbalamani bahinduwe n’abahungu ba Mosaya. Abantu batabye intwaro zabo maze basezeranya kutazongera kurwana ukundi.
-
Amoni1umuyobozi w’itsinda ry’Abanefi bo muri Zarahemula wagiye ku butaka bwa Nefi maze afasha Abanefi gutoroka
-
Amoni2umwe mu bana ba Mosaya warinze imikumbi y’Umwami Lamoni ibisambo. Yigishije kandi ahindura Abalamani benshi igihe cy’ubutumwa bwe.
-
Amulekiumuvugabutumwa mugenzi wa Aluma Muto. Bashyizwe mu nzu y’imbohe ariko bakoresheje ububasha bw’Imana bahirika inkuta z’inzu y’imbohe.
-
Amulisiumugabo w’umugome washakaga kuba umwami w’Abanefi. Ubwo byangaga ko aba umwami, we n’abayoboke be baragiye, bateye Abanefi, maze nyuma bisunga Abalamani.
-
Amuloniumutambyi w’umugome w’Umwami Nowa wagizwe umutegetsi w’abantu ba Aluma. Yarabakoresheje cyane ndetse abatera ubwoba ko azica umuntu wese uzafatwa asenga.
-
Aroniumwana w’Umwami Mosaya akaba umuvugabutumwa mu Balamani
-
Benyamini, Umwamiumwami w’umukiranutsi wahagaze ku munara yigisha abantu ibyerekeye Yesu Kristo
-
Enosiumuhungu wa Yakobo wasenze umunsi wose n’ijoro. Yasengeye Abanefi n’Abalamani.
-
Eteriumuhanuzi waburiye Abayeredi kwihana kandi wanditse ku irimbuka ryabo
-
Evaumugore wa mbere ku isi
-
GidiyoniUmunefi w’umukiranutsi warwaniriye Itorero igihe Nehori yatangiye kwigisha abantu ibinyoma. Nehori yaramwishe.
-
HagotiUmunefi w’umwubatsi w’inkuge watwaye Abanefi benshi ku butaka mu majyaruguru
-
Helamaniumuhungu mukuru wa Aluma Muto. Yahawe ibisate abwirwa kwandika amateka y’abantu be. kandi yari umuyobozi w’indwanyi nto 2000.
-
Himuniumuhungu w’Umwami Mosaya akaba n’umuvugabutumwa mu Balamani
-
indwanyi nto ibihumbi bibiriingabo z’abasore b’Abamoni bari bayobowe na Helamani. Bararwanye kugira ngo ababyeyi babo, bari barasezeranye kutarwana, batagomba kurwana.
-
Ishimayeliumugabo w’i Yerusalemu wagiye mu gihugu cy’isezerano n’umuryango wa Lehi. Abakobwa be bashyingiwe abahungu ba Lehi.
-
Joseph Smith muto.umuhanuzi w’iminsi ya nyuma wasemuye Igitabo cya Morumoni agikuye mu bisate bya zahabu
-
Korihoriumugabo w’umugome washakaga ikimenyetso kigaragaza ko Imana iriho. Imana yahaye Korihori ikimenyetso itwara ijwi rye.
-
Koriyantamuriumwami w’umugome wari Umuyeredi wa nyuma muzima
-
Koriyantoniumuhungu wa Aluma Muto utari umuvugabutumwa w’indahemuka n’umukiranutsi
-
Labaniumugabo w’umugome i Yerusalemu wangaga guhereza abahungu ba Lehi ibisate by’umuringa
-
Lamaniumuhungu mukuru wa Lehi na Sariya Yari umugome kandi yigometse ku Mana.
-
Lamani, UmwamiUmulamani w’umugome wahaye Zenifu hamwe n’abayoboke be b’Abanefi imijyi ibiri ariko nyuma arabatera
-
Lamoni, se w’Umwamiumwami w’Umulamani wigishijwe inkuru nziza maze aremera. yavuze ko azareka ibyaha bye byose ngo amenye Imana.
-
Lamoni, Umwamiumwami w’Umulamani wigishijwe inkuru nziza maze aremera. Amoni2 yarinze imikumbi y’umwami ibisambo.
-
Lehi1umuhanuzi waburiye ko Yerusalemu izarimburwa. Yateze amatwi igihe Imana yamubwiraga gutwara umuryango we mu gasi.
-
Lehi2umuhungu wa Helamani. We n’umuvandimwe we, Nefi, bajugunywe mu nzu y’imbohe maze bakikizwa n’umuriro.
-
Lemuweliumuhungu w’umugome wa Lehi na Sariya
-
Limuhi, Umwamiumuhungu mwiza w’Umwami w’umugome Nowa. We n’abantu be bari abacakara b’Abalamani ariko baratorotse.
-
Mariyanyina wa Yesu
-
MoroniUmuhungu wa Morumoni akaba umuhanuzi wa nyuma w’Abanefi. Yatabye ibisate bya zahabu ariko nyuma yabonekeye Joseph Smith nk’umumarayika.
-
Moroni, Umutware w’ingaboumuyobozi w’umukiranutsi w’ingabo z’Abanefi. yakoze ibendera ry’ubwisanzure maze abwira ingabo ze kurwanira umudendezo wabo.
-
Morumoniumuyobozi w’ingabo z’Abanefi akaba umwe mu bahanuzi ba nyuma b’Abanefi. Yateranyije Igitabo cya Morumoni.
-
Mosaya, Umwamiumwami wa nyuma w’Abanefi. Yari afite abahungu bane.
-
Nefi1umuhungu w’umukiranutsi wa Lehi na Sariya. Yakuye ibisate by’umuringa kuri Labani kandi yubatse inkuge yatwaye umuryango we mu gihugu cy’isezerano.
-
Nefi2umuhungu wa Helamani. We n’umuvandimwe we, Lehi, bajugunywe mu nzu y’imbohe maze bakikizwa n’umuriro. Nefi yateje inzara ngo yigishe abantu kwihana.
-
Nefi3umugabo w’umukiranutsi watoranyijwe na Yesu Kristo kuba umwigishwa we n’umuyobozi w’Itorero
-
Nehoriumugabo w’umugome wagiye impaka ashize amanga arwanya Itorero ry’Imana. Yishe Gidiyoni nawe aza kwicwa.
-
Nowa, Umwamiumwami w’Umunefi w’umugome wakundaga ubutunzi ndetse akigisha abantu kuba abagome. Abantu be baramutwitse kugeza apfuye.
-
Omuneriumuhungu w’Umwami Mosaya akaba n’umuvugabutumwa mu Balamani
-
Pahoraniumucamanza mukuru w’Abanefi wafashije Umutware w’ingabo Moroni gutsinda Abanefi b’abagome.
-
Samuumuhungu w’umukiranutsi wa Lehi na Sariya
-
Samweli w’Umulamaniumuhanuzi wahanuriye Abanefi ibyerekeye ibimenyetso by’ivuka n’urupfu bya Yesu Kristo
-
SariyaUmugore1 wa Lehi
-
SheremuUmunefi w’umugome washakaga ikimenyetso mbere y’uko yemera Yesu Kristo
-
ShiziUmuyeredi w’umugome wayoboye ingabo zarwanyaga Koriyantamuri kandi akaba umwe mu ba Yeredi banyuma bariho
-
Siyantumuumuvandimwe akanaba umwicanyi wa Sizoramu
-
Sizoramuumucamanza mukuru wishwe n’umundimwe we
-
umuvandimwe wa Yerediumuhanuzi wasabye Yesu gukora ku mabuye 16 kugira ngo atange urumuri mu mato y’Abayeredi bakoresheje mu rugendo rujya mu gihugu cy’isezerano
-
Yakoboumuhungu wa Lehi na Sariya Yahanganye na Sheremu, wavuze ko Kristo atabaho.
-
YozefuUmuhungu w’umukiranutsi wa Lehi na Sariya wavukiye mu gasi
-
Zenifuumuyobozi w’umukiranutsi wavanye itsinda ry’Abanefi muri Zarahemula abajyana ku butaka bwa Nefi, aho babaye abacakara b’Umwami w’umugome Lamani
-
Zerahemunaumuyobozi w’Umulamani warwanye n’Abanefi akaba yarashakaga kubagira abacakara. Yakuweho uruhu rw’igihanga mu rugamba rwamuhuje n’ingabo z’Umutware w’ingabo Moroni.
-
Zeziromuumunyamategeko wahaye Amuleki amafaranga ngo avuge ko Imana itabaho. Aluma Muto yamwigishije inkuru nziza maze arihana.
-
Zoramuumugaragu wa Labani wajyanye n’umuryango wa Lehi mu gihugu cy’isezerano