Inkuru zo mu Byanditswe Bitagatifu
Igice cya 40: Samweli w’Umulamani Avuga ibya Yesu Kristo.


“Igice cya 40: Samweli w’Umulamani Avuga ibya Yesu Kristo.” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 111–13

“Igice cya 40,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 111–13

Igice cya 40

Samweli w’Umulamani Avuga ibya Yesu Kristo

Ishusho
Abalamani bagenda

Abalamani bubashye amategeko y’Imana. Babaye abakiranutsi kurusha Abanefi.

Ishusho
Samweli abwiriza Abanefi

Samweli, umuhanuzi w’Umulamani, yagiye i Zarahemula kubwiriza Abanefi b’abagome. Yababwiye kwihana.

Ishusho
Samweli yiruka ahunga abarinzi b’Abanefi

Abanefi bajugunye Samweli hanze y’umujyi, maze atangira gusubira mu mujyi yaturutsemo.

Ishusho
Samweli asenga

Ariko Nyagasani yabwiye Samweli gusubira i Zarahemula maze abwire abantu ibintu Nyagasani azamushyira mu mutima we.

Ishusho
Samweli abwiriza ku rukuta

Abanefi bangiye Samweli kwinjira mu mujyi, kubw’ibyo yuriye urukuta rw’umujyi aba ariho yigishiriza.

Ishusho
abantu bumva Samweli

Yahanuye ko Abanefi bazarimburwa mu myaka 400 kereka abantu nibihana kandi bakagira ukwizera muri Yesu Kristo.

Ishusho
Samweli avuga

Samweli yavuze ko Yesu Kristo azavuka mu myaka itanu kandi azakiza abamwizeye bose.

Ishusho
inyenyeri hejuru ya Betelehemu

Samweli yababwiye ibimenyetso bizaranga ivuka rya Yesu. Inyenyeri nshya izagaragara, kandi ko mu ijoro rya mbere y’uko Yesu avuka ritazigera ryijima.

Ishusho
abantu bicaye mu mwijima

Maze Samweli ababwira ibimenyetso by’urupfu rwa Yesu. Hazabaho iminsi itatu y’umwijima upfutse—izuba, ukwezi n’inyenyeri ntibizigera bimurika.

Ishusho
imirabyo ikubita inyubako

Hazabaho inkuba n’imirabyo ndetse n’imitingito. Imisozi izashwanyagurika, n’imijyi myinshi izasenyuka.

Ishusho
Abanefi bavugisha Nefi

Bamwe mu Banefi bizeye Samweli maze bihana ibyaha byabo. Bagiye gushaka Nefi, Umunefi w’umukiranutsi washoboraga kubabatiza.

Ishusho
abantu barasa Samweli imyambi

Abanefi basigaye ntabwo bemeye Samweli. Bamuteye amabuye banamurasa imyambi. Ariko Nyagasani yaramurinze, ndetse nta buye cyangwa umwambi byigeze bimufata.

Ishusho
Abanefi barasa imyambi

Abantu babonye ko batamuhamya, benshi muri bo barizeye maze bajya kubatizwa na Nefi.

Ishusho
Nefi abatiza umugabo

Nefi kandi yigishije abantu kuri Yesu Kristo. Yashakaga ko bemera Yesu, bakihana, ndetse bakanabatizwa.

Ishusho
abagabo burira inzego

Abanefi benshi, ariko, ntabwo bemeye Samweli. Bagerageje kumufata mpiri.

Ishusho
Samweli asimbuka urukuta

Samweli yasimbutse urukuta maze yirukanka ajya mu gihugu cye.

Ishusho
Samweli yigisha abalamani

Samweli yatangiye kwigisha Abalamani. Ntiyigeze yumvikana mu Banefi ukundi.

Capa