“Igice cya 43: Yesu Kristo Abonekera Abanefi,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 120–23
“Igice cya 43,” , 120–23
Igice cya 43
Yesu Kristo Abonekera Abanefi
Abantu bariho bavuga kuri Yesu Kristo n’ibimenyetso by’urupfu rwe.
Ubwo barimo bavuga, bumvise ijwi rituje rituruka mu ijuru. Ryatumye imitima yabo ishya.
Bwa mbere ntabwo basobanukiwe ijwi, ariko ubwo ryavugaga ku nshuro ya gatatu, bararyumvise.
Ijwi ryari irya Data wo mu’Ijuru. Ryerekanye Yesu Kristo, nuko ribwira abantu kumutega amatwi.
Yesu Kristo yaje mu isi avuye mu ijuru aba mu bantu. Bari bafite ubwoba bwo kuvuga kubera ko batari bazi ibirimo kuba. Baketse ko Yesu yari umumarayika.
Yababwiye ko ari Yesu Kristo, umwe mu bahanuzi bavuze ko azaza.
Yesu yabwiye abantu kuza bakumva inkovu ku rubavu rwe no mu biganza bye n’ibirenge, aho yatewe imisumari ku musaraba.
Yesu yashakaga ko abantu bamenya ko yari Imana yabo kandi ko yabapfiriye kubera ibyaha byabo.
Abantu bakoze ku nkovu kumbavu za Yesu, ibiganza n’ibirenge umwe ku wundi. Abantu bamenye ko yari Umukiza.
Maze abantu bahimbaza Yesu ndetse bagwa ku birenge bye ku musenga.
Yesu yahamagaye Nefi n’abandi bagabo 11. Yabahaye ububasha bw’ubutambyi ndetse abigisha uburyo nyabwo bwo kubatiza.
Yabwiye Abanefi kumwemera, kwihana, maze bagakurikiza amategeko. bitaba ibyo, ntibazinjira mu bwami bwe.
Yigishije Abanefi uburyo bwo gusenga Data wo mu Ijuru. Yabigishije kandi kwiyiriza ndetse ababwira ko bazababarirwa nibababarirana hagati yabo.
Nyuma yo kwigisha abantu ibintu byinshi, Yesu yabasabye gutaha maze bagatekereza kandi bagasengera ibyo yavuze.
Abanefi batangira kurira. Ntibashakaga ko Yesu agenda.
Yesu yakunze Abanefi. Yababwiye kuzana abarwayi cyangwa abababaye ngo abakize.
Yesu yakijije aba bantu. Buri umwe yarunamye maze aramuramya.