“Amagambo yo Kumenya,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 157–62
“Amagambo yo Kumenya,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 157–62
Amagambo yo Kumenya
a
- abacakara
-
abantu bahatirwa gukorera abandi bantu
- abagaragu
-
abantu bakorera umuntu nk’umwami
- agasi
-
ahantu hanini h’ubutaka hatagira imijyi cyangwa abantu
- amahoro
-
icyiyumviro gituje cyangwa igihe kitagira intambara
c
- cy’ukuri
-
ikintu cyabaye cyangwa cyiza cyangwa gifite ukuri
g
- gikiranutse
-
ikintu kiba ari icy’Imana Abantu b’abakiranutsi ni abakurikiza amategeko y’Imana.
- guffatanya
-
kuba umwe mu bagize itsinda
- guhana
-
guteza cyangwa kureka ibintu bibi bikaba ku muntu. Kenshi abantu bahanwa iyo batumviye Imana.
- guha umugisha
-
guha umuntu ikintu kizamugirira akamaro. Guha umugisha isakaramentu ni ugusaba Imana kwemera umugati n’amazi nk’ibimenyetso bya Yesu Kristo.
- guhimbaza
-
gusingiza cyangwa gukurikira umuntu cyangwa ikintu
- gukiza
-
gutuma umuntu urwaye cyangwa wababaye amera neza cyangwa agakira wese
- gusemura
-
guhindura amagambo uyakura mu rurimi rumwe uyashyira mu rundi
- gusenga
-
kuvugana n’Imana, gushimira no gusaba imigisha
- gusinda
-
kubura ubwifato biterwa no kunywa inzoga nyinshi
- gutamba
-
gutanga ikintu cy’agaciro ku Mana
- gutera amababuye
-
gutera umuntu amabuye kugeza apfuye
- gutoroka
-
guhunga umuntu
- gutoteza
-
kuvuga ibinyoma ku muntu kugira ngo ugerageze kandi ubakomeretse
i I
- ibendera ry’ubwisanzure
-
ubutumwa Umutware w’ingabo Moroni yanditse ashishikariza abantu kurwanirira umudendezo wabo
- ibisate
-
impapuro ntoya z’icyuma abantu banditseho inyigisho z’Imana ndetse n’amateka y’abantu
Ishushoibisateibisate
- ibisate bya zahabu
-
inyandiko zanditse ku mpapuroi ntoya za zahabu. Moroni yayahishe mu Musozi Kumora, ndetse Joseph Smith nyuma arayahishura.
Ishushoibisate bya zahabuibisate bya zahabu
- Ibisate by’umuringa
-
inyandiko z’amategeko y’Imana ndetse n’ibyo yavuganye n’abakurambere ba Lehi
IshushoIbisate by’umuringaIbisate by’umuringa
- icumu
-
inkoni isongoye ikoreshwa mu gusogota
Ishushoicumuicumu
- icyaha
-
kurenga ku itegeko
- igihango
-
isezerano hagati y’Imana n’umuntu
- igikoba cy’icyuma
-
igitwikira abasirikare bambara kugira ngo birinde mu rugamba
Ishushoigikoba cy’icyumaigikoba cy’icyuma
- igitangaza
-
ikintu kidasanzwe cyangwa ikintu kiba kigaragaza ububasha bw’Imana
- igiti cy’ubugingo
-
igiti cyo mu nzozi za Lehi gihagarariye urukundo rw’Imana
- ijuru
-
ahantu Data wo mu Ijuru na Yesu Kristo batuye
- ikanzu
-
igitwikira kirekire kigenda gihuhwa n’umuyaga
- ikibi
-
ikintu kibi
- ikigirwamana
-
ikintu abantu bahimbaza kitari icy’Imana
- impumyi
-
udashobora kureba
- indahemuka
-
gukomeza kubaha amategeko
- ingabo
-
itsinda ry’abasirikare biteguye kurwana
- ingabo
-
igice cy’igikoba cy’icyuma kirinda igice cyo hejuru cy’umubiri w’umusirikare inkota ndetse n’izindi ntwaro
- ingoro y’Imana
-
inzu y’Imana
IshushoIngoro y’ImanaIngoro y’Imana
- inkoni y’icyuma
-
ikimenyetso mu nzozi za Lehi gihagarariye ijambo ry’Imana
- inkota
-
icyuma kirekire cy’ubugi gikoreshwa mu gutema cyangwa kujomba
Ishushoinkotainkota
- inkuru nziza
-
ubutumwa bw’ibyiringiro n’ihumure buvuye ku Mana
- inkuru nziza
-
Inyigisho za Yesu Kristo
- intambara
-
urugamba hagati y’abanzi cyangwa ingabo zirwana
- intebe y’ubucamanza
-
umwanya mu butegetsi bw’Abanefi wari ufitwe n’umucamanza mukuru
- intwaro
-
ikintu gikoreshwa mu gukomeretsa cyangwa kwica abandi bantu, nk’inkota cyangwa icumu
- inzara
-
ibura ry’ibiryo riterwa no kubura kw’imvura maze bigatuma imyaka itera
- inzozi
-
inkuru igenda mu mitekerereze y’umuntu igihe aryamye
- inzu y’imbohe
-
ahantu hakoreshwa mu kubika abantu bakoze icyaha
- isakaramentu
-
umugenzo aho abagabo bafite ubutambyi baha umugisha kandi bagatanga umugati n’amazi ku bandi bantu. isakaramentu ryibutsa abantu Yesu Kristo.
- isezerano
-
kwiyemeza gukora cyangwa kuba ikintu
- isinagogi
-
ubwoko bw’inyubako aho abantu bateranira ngo bahimbaze Imana
- itegeko
-
ikintu Imana ibwira abantu bayo kugira ngo bazishime
- iyerekwa
-
ubwoko bw’icyahishuwe
k
- kubabarira
-
kwibagirwa ibintu bibi umuntu yakoze ukanakunda uwo muntu
- kubaha
-
gukora ibyasabwe cyangwa ibyategetswe
- kubaka
-
gukora cyangwa kubaka ikintu
- kubamba
-
kwica umuntu umutera imisumari ku musaraba
- kugambirira
-
gucura umugambi mubisha urwanya umuntu runaka
- kumva
-
kumenya cyangwa gusobanukirwa igitekerezo
- kurimbura
-
kurangiza bidasubirwaho cyangwa kwangiza ikintu, nk’umujyi cyangwa ubuzima
- kuzura
-
kugarura umuntu cyangwa ikintu mu buzima
- kwemera
-
kumva cyangwa kumenya ko ikintu ari ukuri
- kwiba
-
gufata ikintu cy’undi
- kwigomeka
-
gusuzugura cyangwa kutumvira amategeko
- kwihana
-
kumva ubabajwe n’igikorwa cyangwa igitekerezo maze ugasezeranya kutazagisubira
- kwimika
-
gutanga ububasha bw’ubutambyi n’ubushobozi
Ishushokwimikakwimika
- kwiyiriza
-
kudafata ifunguro cyangwa kutanywa amazi mu gihe ushaka ubufasha bwa roho
- kwiyoroshya
-
kuba wakwigishwa kandi ugashaka gukora ugushaka kw’Imana
L
- Liyahona
-
agapira k’umuringa Imana yahaye umuryango wa Lehi ngo ubereke inzira yo kunyuramo mu gasi. wakoraga igihe umuryango wa Lehi wabaga ukiranutse gusa.
IshushoLiyahonaLiyahona
m
- marayika
-
intumwa ituruka ku Mana
R
- Roho Uhambaye
-
Izina ry’Imana ku Balamani
u U
- ububasha
-
ingufu z’icyiza cyangwa ikibi, kenshi ni ubufasha budasanzwe cyangwa imbaraga ziva ku Mana
- ubugome/umugome
-
ikintu kidaturuka ku Mana Umuntu w’umugome akunda Satani kandi ntakurikiza amategeko y’Imana.
- ubuhamya
-
icyiyumviro cyangwa guhamya ko inkuru nziza ari ukuri
- ubuhanuzi
-
gusobanura ikintu mbere y’uko kiba
- ubuhiri
-
intwaro ikoreshwa mu gukubita inyamaswa cyangwa abantu
Ishushoubuhiriubuhiri
- ubunyamurava
-
kumenya no kurwanira ikiri ukuri
- uburetwa
-
kuba udafite umudendezo, kugomba gukora umunsi wose ukorera inyungu z’undi muntu
- ubutambyi
-
ububasha bwo gukora mu izina ry’Imana
- ubuzima buhoraho
-
kubana n’Imana iteka ryose
- ubwato
-
ubwato bunini butwara abantu cyangwa ibikoresho
Ishushoubwatoubwato
- ubwisanzure
-
umudendezo wo kwihitiramo
- ukwizera
-
kwemera Yesu Kristo
- umubatizo
-
umugenzo aho umuntu ufite ubushobozi buva ku Mana ashyira undi muntu munsi y’amazi umubiri wose ukibira maze akazamura umuntu amukuramo. Umubatizo urakenewe kugira ngo ube umunyamuryango w’Itorero rya Yesu Kristo.
Ishushoumubatizoumubatizo
- umucamanza
-
umuyobozi wanzura ku cyo amategeko asobanuye cyangwa uko abantu bakwiye kuyakurikiza
- umudendezo
-
kuba ushobora kwihitiramo
- umugenzo
-
umuhango mutagatifu cyangwa igikorwa gifite ubusobanuro bwo mu buryo bwa roho, nk’umubatizo cyangwa isakaramentu
- umuhanuzi
-
umuntu wahamagawe n’Imana kubwira abantu ugushaka kw’Imana
- umuheto
-
inkoni ndende n’umugozi uziritse kuri buri mpera ukaba ukoreshwa mu kurasa imyambi
Ishushoumuhetoumuheto
- umuhumetso
-
intwaro ikoreshwa mu gutera amabuye
Ishushoumuhumetsoumuhumetso
- umunara
-
inyubako ndende cyangwa ahantu hahanitse abantu bahagarara
Ishushoumunaraumunara
- umunyamuryango
-
umuntu uba mw’itorero cyangwa itsinda
- umusirikare
-
umuntu urwana mu ngabo
- umutware w’ingabo
-
umuyobozi w’ingabo
- umuvugabutumwa
-
umuntu wigisha abandi inkuru nziza ya Yesu Kristo
- umuyobozi
-
umuntu uyoboye itsinda ry’abantu
- umwambi
-
intwaro ifite umutwe usongoye ikoreshwa mu guhiga cyangwa mu ntambara
Ishushoumwambiumwambi
- umwami
-
umuyobozi w’itsinda ry’abantu
- umwigishwa
-
umuntu ukurikira Yesu kandi akagerageza kuba nka we
- Urimu na Tamimu
-
ibikoresho cy’akataraboneka Imana iha abahanuzi ngo bibafashe gusemura no kwakira icyahishuwe
- uruhu rw’igihanga
-
gukuraho agace ko hejuru y’umutwe w’umuntu
- urutambiro
-
ahantu hatagatifu hazamuye ku bitaka cyangwa ku rutare aho basengera cyangwa bagatamba ibitambo ku Mana
Ishushourutambirourutambiro
- uwamugaye amatwi
-
udashobora kumva
w
- wuzuye Roho Mutagatifu
-
kugira Roho Mutagatifu ubwira imitekerereze n’umutima bya muntu ikiri ukuri