Scripture Stories
Amagambo yo Kumenya


“Amagambo yo Kumenya,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 157–62

“Amagambo yo Kumenya,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 157–62

Amagambo yo Kumenya

a

abacakara

abantu bahatirwa gukorera abandi bantu

abagaragu

abantu bakorera umuntu nk’umwami

agasi

ahantu hanini h’ubutaka hatagira imijyi cyangwa abantu

amahoro

icyiyumviro gituje cyangwa igihe kitagira intambara

c

cy’ukuri

ikintu cyabaye cyangwa cyiza cyangwa gifite ukuri

g

gikiranutse

ikintu kiba ari icy’Imana Abantu b’abakiranutsi ni abakurikiza amategeko y’Imana.

guffatanya

kuba umwe mu bagize itsinda

guhana

guteza cyangwa kureka ibintu bibi bikaba ku muntu. Kenshi abantu bahanwa iyo batumviye Imana.

guha umugisha

guha umuntu ikintu kizamugirira akamaro. Guha umugisha isakaramentu ni ugusaba Imana kwemera umugati n’amazi nk’ibimenyetso bya Yesu Kristo.

guhimbaza

gusingiza cyangwa gukurikira umuntu cyangwa ikintu

gukiza

gutuma umuntu urwaye cyangwa wababaye amera neza cyangwa agakira wese

gusemura

guhindura amagambo uyakura mu rurimi rumwe uyashyira mu rundi

gusenga

kuvugana n’Imana, gushimira no gusaba imigisha

gusinda

kubura ubwifato biterwa no kunywa inzoga nyinshi

gutamba

gutanga ikintu cy’agaciro ku Mana

gutera amababuye

gutera umuntu amabuye kugeza apfuye

gutoroka

guhunga umuntu

gutoteza

kuvuga ibinyoma ku muntu kugira ngo ugerageze kandi ubakomeretse

i I

ibendera ry’ubwisanzure

ubutumwa Umutware w’ingabo Moroni yanditse ashishikariza abantu kurwanirira umudendezo wabo

Ishusho
ibendera ry’ubwisanzure

ibendera ry’ubwisanzure

ibisate

impapuro ntoya z’icyuma abantu banditseho inyigisho z’Imana ndetse n’amateka y’abantu

Ishusho
ibisate

ibisate

ibisate bya zahabu

inyandiko zanditse ku mpapuroi ntoya za zahabu. Moroni yayahishe mu Musozi Kumora, ndetse Joseph Smith nyuma arayahishura.

Ishusho
ibisate bya zahabu

ibisate bya zahabu

Ibisate by’umuringa

inyandiko z’amategeko y’Imana ndetse n’ibyo yavuganye n’abakurambere ba Lehi

Ishusho
Ibisate by’umuringa

Ibisate by’umuringa

icumu

inkoni isongoye ikoreshwa mu gusogota

Ishusho
icumu

icumu

icyaha

kurenga ku itegeko

igihango

isezerano hagati y’Imana n’umuntu

igikoba cy’icyuma

igitwikira abasirikare bambara kugira ngo birinde mu rugamba

Ishusho
igikoba cy’icyuma

igikoba cy’icyuma

igitangaza

ikintu kidasanzwe cyangwa ikintu kiba kigaragaza ububasha bw’Imana

igiti cy’ubugingo

igiti cyo mu nzozi za Lehi gihagarariye urukundo rw’Imana

ijuru

ahantu Data wo mu Ijuru na Yesu Kristo batuye

ikanzu

igitwikira kirekire kigenda gihuhwa n’umuyaga

ikibi

ikintu kibi

ikigirwamana

ikintu abantu bahimbaza kitari icy’Imana

impumyi

udashobora kureba

indahemuka

gukomeza kubaha amategeko

ingabo

itsinda ry’abasirikare biteguye kurwana

ingabo

igice cy’igikoba cy’icyuma kirinda igice cyo hejuru cy’umubiri w’umusirikare inkota ndetse n’izindi ntwaro

ingoro y’Imana

inzu y’Imana

Ishusho
Ingoro y’Imana

Ingoro y’Imana

inkoni y’icyuma

ikimenyetso mu nzozi za Lehi gihagarariye ijambo ry’Imana

inkota

icyuma kirekire cy’ubugi gikoreshwa mu gutema cyangwa kujomba

Ishusho
inkota

inkota

inkuru nziza

ubutumwa bw’ibyiringiro n’ihumure buvuye ku Mana

inkuru nziza

Inyigisho za Yesu Kristo

intambara

urugamba hagati y’abanzi cyangwa ingabo zirwana

intebe y’ubucamanza

umwanya mu butegetsi bw’Abanefi wari ufitwe n’umucamanza mukuru

intwaro

ikintu gikoreshwa mu gukomeretsa cyangwa kwica abandi bantu, nk’inkota cyangwa icumu

inzara

ibura ry’ibiryo riterwa no kubura kw’imvura maze bigatuma imyaka itera

inzozi

inkuru igenda mu mitekerereze y’umuntu igihe aryamye

inzu y’imbohe

ahantu hakoreshwa mu kubika abantu bakoze icyaha

isakaramentu

umugenzo aho abagabo bafite ubutambyi baha umugisha kandi bagatanga umugati n’amazi ku bandi bantu. isakaramentu ryibutsa abantu Yesu Kristo.

isezerano

kwiyemeza gukora cyangwa kuba ikintu

isinagogi

ubwoko bw’inyubako aho abantu bateranira ngo bahimbaze Imana

itegeko

ikintu Imana ibwira abantu bayo kugira ngo bazishime

iyerekwa

ubwoko bw’icyahishuwe

k

kubabarira

kwibagirwa ibintu bibi umuntu yakoze ukanakunda uwo muntu

kubaha

gukora ibyasabwe cyangwa ibyategetswe

kubaka

gukora cyangwa kubaka ikintu

kubamba

kwica umuntu umutera imisumari ku musaraba

kugambirira

gucura umugambi mubisha urwanya umuntu runaka

kumva

kumenya cyangwa gusobanukirwa igitekerezo

kurimbura

kurangiza bidasubirwaho cyangwa kwangiza ikintu, nk’umujyi cyangwa ubuzima

kuzura

kugarura umuntu cyangwa ikintu mu buzima

kwemera

kumva cyangwa kumenya ko ikintu ari ukuri

kwiba

gufata ikintu cy’undi

kwigomeka

gusuzugura cyangwa kutumvira amategeko

kwihana

kumva ubabajwe n’igikorwa cyangwa igitekerezo maze ugasezeranya kutazagisubira

kwimika

gutanga ububasha bw’ubutambyi n’ubushobozi

Ishusho
kwimika

kwimika

kwiyiriza

kudafata ifunguro cyangwa kutanywa amazi mu gihe ushaka ubufasha bwa roho

kwiyoroshya

kuba wakwigishwa kandi ugashaka gukora ugushaka kw’Imana

L

Liyahona

agapira k’umuringa Imana yahaye umuryango wa Lehi ngo ubereke inzira yo kunyuramo mu gasi. wakoraga igihe umuryango wa Lehi wabaga ukiranutse gusa.

Ishusho
Liyahona

Liyahona

m

marayika

intumwa ituruka ku Mana

R

Roho Uhambaye

Izina ry’Imana ku Balamani

u U

ububasha

ingufu z’icyiza cyangwa ikibi, kenshi ni ubufasha budasanzwe cyangwa imbaraga ziva ku Mana

ubugome/umugome

ikintu kidaturuka ku Mana Umuntu w’umugome akunda Satani kandi ntakurikiza amategeko y’Imana.

ubuhamya

icyiyumviro cyangwa guhamya ko inkuru nziza ari ukuri

ubuhanuzi

gusobanura ikintu mbere y’uko kiba

ubuhiri

intwaro ikoreshwa mu gukubita inyamaswa cyangwa abantu

Ishusho
ubuhiri

ubuhiri

ubunyamurava

kumenya no kurwanira ikiri ukuri

uburetwa

kuba udafite umudendezo, kugomba gukora umunsi wose ukorera inyungu z’undi muntu

ubutambyi

ububasha bwo gukora mu izina ry’Imana

ubuzima buhoraho

kubana n’Imana iteka ryose

ubwato

ubwato bunini butwara abantu cyangwa ibikoresho

Ishusho
ubwato

ubwato

ubwisanzure

umudendezo wo kwihitiramo

ukwizera

kwemera Yesu Kristo

umubatizo

umugenzo aho umuntu ufite ubushobozi buva ku Mana ashyira undi muntu munsi y’amazi umubiri wose ukibira maze akazamura umuntu amukuramo. Umubatizo urakenewe kugira ngo ube umunyamuryango w’Itorero rya Yesu Kristo.

Ishusho
umubatizo

umubatizo

umucamanza

umuyobozi wanzura ku cyo amategeko asobanuye cyangwa uko abantu bakwiye kuyakurikiza

umudendezo

kuba ushobora kwihitiramo

umugenzo

umuhango mutagatifu cyangwa igikorwa gifite ubusobanuro bwo mu buryo bwa roho, nk’umubatizo cyangwa isakaramentu

umuhanuzi

umuntu wahamagawe n’Imana kubwira abantu ugushaka kw’Imana

umuheto

inkoni ndende n’umugozi uziritse kuri buri mpera ukaba ukoreshwa mu kurasa imyambi

Ishusho
umuheto

umuheto

umuhumetso

intwaro ikoreshwa mu gutera amabuye

Ishusho
umuhumetso

umuhumetso

umunara

inyubako ndende cyangwa ahantu hahanitse abantu bahagarara

Ishusho
umunara

umunara

umunyamuryango

umuntu uba mw’itorero cyangwa itsinda

umusirikare

umuntu urwana mu ngabo

umutware w’ingabo

umuyobozi w’ingabo

umuvugabutumwa

umuntu wigisha abandi inkuru nziza ya Yesu Kristo

umuyobozi

umuntu uyoboye itsinda ry’abantu

umwambi

intwaro ifite umutwe usongoye ikoreshwa mu guhiga cyangwa mu ntambara

Ishusho
umwambi

umwambi

umwami

umuyobozi w’itsinda ry’abantu

umwigishwa

umuntu ukurikira Yesu kandi akagerageza kuba nka we

Urimu na Tamimu

ibikoresho cy’akataraboneka Imana iha abahanuzi ngo bibafashe gusemura no kwakira icyahishuwe

uruhu rw’igihanga

gukuraho agace ko hejuru y’umutwe w’umuntu

urutambiro

ahantu hatagatifu hazamuye ku bitaka cyangwa ku rutare aho basengera cyangwa bagatamba ibitambo ku Mana

Ishusho
urutambiro

urutambiro

uwamugaye amatwi

udashobora kumva

w

wuzuye Roho Mutagatifu

kugira Roho Mutagatifu ubwira imitekerereze n’umutima bya muntu ikiri ukuri

Capa