“Igice cya 48: Amahoro muri Amerika,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni (1997), 136–37
“Igice cya 48,” Inkuru zo mu Gitabo cya Morumoni, 136–37
Igice cya 48
Amahoro muri Amerika
abantu bihannye ibyaha byabo barabatijwe ndetse bakira Roho Mutagatifu.
mu gihe gito Abanefi bose n’Abalamani bari bamaze guhinduka. Ntabwo bajyiye impaka kandi buri wese yari inyangamugayo.
Nta muntu numwe wari umukire cyangwa umukene. Abantu basangiraga buri kimwe, kandi bari bafite ibyo bari bakeneye.
Abigishwa bakoze ibitangaza byinshi mu izina rya Yesu Kristo. Bakijije abarwayi ndetse bagarura abapfuye mu buzima.
Abantu bubatse imijyi mishya aho indi yari yarasenywe.
Bubashye amategeko y’Imana. Bariyirije kandi barasenze ndetse bagahura kenshi ngo bumve Ijambo ry’Imana.
Abantu bari bishimye.
Nta bajura bari bahari, ntababeshyi, ntabicanyi. Abantu ntibari bagiciyemo ibice by’Abanefi n’Abalamani ahubwo bose bari umwe, abana ba Kristo.
Nyagasani yahaye abantu umugisha muri buri kimwe bakoze.
Babayeho mu mahoro imyaka 200. Abantu baje gukira cyane.